Quantcast
Channel: Ubuzimabwacu | Kinyarwanda, Rwanda Healthcare, Rwanda Medicine, Sanitation, Nutrition and Diet, Rwanda Biodiversity » Rwanda Global Fund
Viewing all articles
Browse latest Browse all 3

Hari aho inzitiramubu zikoreshwa mu buhinzi n’ubworozi

$
0
0

m_Hakenewe  ibigo nderabuzima by’intango 556 mu gihugu cyose

Dr. Murindahabi Muyange Monique ushinzwe kurwanya malariya muri Minisiteri y’Ubuzima, mu cyumweru gishize ubwo hakorwaga Video conference, tariki 16 Ukwakira 2013  yatangaje  ko hamwe na hamwe mu gihugu aho gukoresha inzitiramubu mu kubakingira malariya,  bazikoresha mu kubakira inkoko, gusakara no  mirima y’umuceri.

Yifashishije amafoto yafashe yagaragaje ko mu Karere ka  Nyamagabe na  Nyagatare , inzitiramubu zikoreshwa mu bikorwa by’ ubwubatsi aho zasakajwe inzu zinakoreshwa mu buhinzi bw’umuceri.

Mu Karere ka Kirehe, byagaragaye ko hari umuturage wayikoresheje mu kubakira inkoko. Dr. Murindahabi Monique  yemeza ko inziramubu zikoreshwa  ziba zikiri nshya bitandukanye n’ibivugwa n’inzego z’ibanze.

Gukoresha kandi  izo nzitiramubu  mu bikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi ngo bitanga ubutumwa bubi ku bandi baturage kuko hari n’abashobora kuzikoresha kubera  ko babonye n’abandi bazikoresha.

Kuva inzitiramubu  zatangira gukoreshwa mu Rwanda,  indwara ya malariya yazaga ku isonga mu guhitana abantu benshi, ubu yabaye amateka.

Inzitiramubu  zitwara akayabo k’amafaranga atangwa n’abaterankunga nka Global Fund kugirango zifashe abaturage kwirinda maraliya, byaba biteye isoni abo baterankunga babonye zikoreshwa mu bindi bikorwa nk’ibyo twavuze haruguru.


Viewing all articles
Browse latest Browse all 3

Latest Images

Trending Articles





Latest Images